| Bavandimwe nkunda, munyemererere mbashimire inkunga y'ibitekerezo binyuranye mwatanze kuri uyu mushinga twimirije imbere. Icyavizweho cyane ni Petit stade St Jean Nkumba kubera ko hamaze gushyirwaho ibuye ry'ifatizo, media ikabitangaza, Mgr akabyitabira ndetse n'abahize bagatanga umuganda imbere y'ubuyobozi bwa Kiliziya n'ubwa Leta y'u Rwanda. Nk'uko Rusine Alexis yabikomojeho dukeneye kugira bank of projects kandi izo twari twatangiriyeho zigera kuri eshatu nyamara tukaba tugomba kugira aho dutangirira. Uko umushinga watungana kandi utabaye umutwaro ukabije kuremera ku bize muri Nkumba ngira ngo Francois d'Assise yagerageje kubisobanura. Ikindi kandi ejo kuwa 16/06/2013 i saa yine abagize comite nyobozi, njyanama ndetse n'abahwituzi b'amapromotions bose dufitanye inama mu Ruhengeri kugira ngo turebere hamwe uko twatera intambwe idukura ku mpapuro n'amagambo
tugana ibikorwa bifatika. Inyandikomvugo, imigabo n'imigambi bizavamo tuzabibagezaho vuba kugira ngo mubitangeho ibitekerezo. Gufasha abana batishoboye kandi ari abahanga ni project twatangiye kandi ku bari bitabiriye inama ndetse n'umunsi mukuru w'i Seminari babitangarijwe ku mugaragaro. Icyakora turahera kuri stade, abiyemeje kugira abana bafasha kwiga ntabwo tubihagarika ahubwo tuzatanga byinshi kurushaho! Uru rubuga rwagiriyeho kuduhuza no guhana amakuru. Udashaka kumva bagenzi be yikuramo cyangwa izo message ntazisome ntaribi. Hanyuma biragoye kumenya no kubona inkuru yashimisha abantu barenga 900 icyarimwe! Mu burere twahawe, ikitakunyuze wakivuga mu kinyabupfura kandi ibyize ni uko twakomeza gutera imbere. Nyabukeka, mureke tutekujya kure y'isoko twavomyeho tukiri bato. Mu kwemera mfite nziko dufatanyije, mu murongo utunganye, iyi Petit Stade St Jean Nkumba turayubaka mba mbaroga!!Aho muherereye mwese Imana ibahe umugisha Dr BAYISENGA Justin, MD,MMed General Surgeon Department of SURGERY Faculty of MEDICINE National University of Rwanda C/O University Teaching Hospital of BUTARE (CHUB) Tel:+250 788641306 +250 722641306 |
| Bavandimwe, Partager d'information ni ikintu cyiza qui cimente les liens et la cohésion d'une communauté aho iva ikagera cyane cyane iyo ishaka kwiyubaka. Murakoze kubw'amakuru mutugejejeho n'andi muzakomeza kutugezaho. "Quand le vin est tiré il faut le boire." Stade ni ukuyubaka, kandi engagement yafashwe ni mu izina ryacu twese abararewe muri St Jean. Buri wese ni ugushyiraho ake uwo muhigo tukawesa. Nk'uko Aimable yabikomojeho ntibyabuza izindi gukomeza , ndetse n'izindi zikazaza. Solidarité. Alexis RUSINE
RUSINE Alexis, Directeur de LUXIA INSTITUTE BP 102 Kigali-Rwanda --- En date de : Sam 15.6.13, Dr BAYISENGA Justin <bayijus...@yahoo.fr> a écrit : |
|