Augustin Nzayisengab
unread,Aug 16, 2010, 11:16:52 AM8/16/10Sign in to reply to author
Sign in to forward
You do not have permission to delete messages in this group
Either email addresses are anonymous for this group or you need the view member email addresses permission to view the original message
to Abatanguha
Sobanukirwa na cancer y’udusabo tw’intanga (testacles)
Iyo havuzwe cancer y’udusabo tw’intanga tw’umugabo, cyangwa se cancer
y’amabya, hahita humvikana cancer nyir’izina ukongeraho n’uduturugunyu
dushobora gufata utwo dusabo tw’intanga. Iyi cancer ngo abagabo
ntibakunda kuyirwara cyane, gusa ngo iyo ibonetse ikunda kuboneka ku
bagabo n’abasore bari hagati y’imyaka 15 na 35.
Abaganga Dr Lyonel Rossant na Dr Jacqueline Rossant-Lumbroso bavuga ko
iyi cancer y’amabya ngo akenshi usanga yarafashe agasabo kamwe,
ntikunda gufatira rimwe udusabo twombi. Uwayirwaye ku gasabo kamwe
bakayimuvura agakira kandi, ngo biba bishoboka cyane ko mu myaka nka
25 iri imbere aba azongera agafatwa nayo ku kandi gasabo katigeze
kayirwara.
Ahagana mu 1970, ngo ubuhanga mu buvuzi bwagiye bwiyongera mu kuvura
iyi cancer, ku buryo abayirwaye bakivuza ngo bakira ku kigero cya 80%.
Gusa n’ubwo ubu buhanga mu kuyivura bwiyongereye, ngo kuva mu 1900 iyi
cancer yagiye irushaho kwiyongera. Aba mbere ifata cyane ngo ni
abazungu kurusha abirabura, uretse ko ngo mu bihugu bikiri mu nzira
y’amajyambere nanone usanga batabasha kwerekana imibare y’abo
igaragaraho bose.
Iyi ni imwe mu ma cancers akunda gufata abantu bakiri bato, ikibasira
abasore bari hagati y’imyaka 15 na 35. Gusa, na n’ubu, iyi cancer
abashakashatsi ntibarabasha kumenya ikiyitera, aho bamwe banuganuga
impamvu zikomoka ku bidukikije. Abandi nabo bavuga ko abasore
n’abagabo bagize ikibazo cya cryptorchidie (iki akaba ari ikibazo
kibaho umwana w’umusore akivuka aho asanga agasabo ke k’intanga
cyangwa se twombi, amabya, katarigeze kamanuka ngo kave mu nda aho
dukorerwa kagane hanze aho kagomba kuba), ngo nabo bari mubakunda
kubonekwaho iyi cancer y’amabya.
Cancer y’amabya irimo amoko abiri. Les séminomes, ubu bwoko bukaba ari
cancer ngo usanga kuvumbura ko umugabo ayirwaye bitagorana. Hakaba na
cancers non-sinomateux, yo ngo ikaba igorana kuyivumbura.
Ni gute wamenya ko wafashwe na cancer y’amabya ?
Ikintu rero gishobora kubwira umuntu ko ashobora kuba yafashwe n’iyi
cancer y’udusabo tw’intanga tw’umugabo, ngo ni ukwiyongera kw’igihu
cyiyafubitse. Ngo akenshi uku kwiyongera kugaterwa n’agaturugunyu kaza
imbere mu gasabo k’intanga, kandi ngo kakaba katababaza.
Mu kuvura iyi cancer, iyo bamaze kubona ako gaturugunyu cyangwa se
kukumva, uwo bayiketseho bahita bamunyuza muri echographie, hanyuma
basanga ari iyi cancer koko, ngo bakabanza ako gasabo kafashwe
bakagakuraho (cyangwa se iryo bya bakaricaho), hanyuma bakabona
kuvura. Ibi ntibicira aha kuko ngo hari n’ibindi bizamini bagukorera
kugirango barebe neza niba iyo cancer yari ikiri mu dusabo tw’intanga
gusa, kuko iba ishobora gufata n’ahandi. Biba bishoboka ko ngo
ikwirakwira hirya no hino mu nda, cyane cyane ngo uduturugunyu
tuyiturutseho tukagenda tugakikiza uriya mujyana w’amaraso uyavana mu
mutima uyajyana mu bihaha. Iyo basanze aho hose naho harafashwe rero,
baratangira bakavura n’utwo duturugunyu.
Ngo imiti ivura iyi cancer yarabanje ikajya igira ama effets
secondaires menshi, cyangwa se kumererwa nabi ku buryo runaka bitewe
n’umuti wanyweye umubiri wawe utishimiye, hanyuma ngo uko iminsi
yagiye ihita, ayo ma effets secondaires bagiye babasha kuyagabanya mu
kuvugurura imiti iyivura cyangwa se no kuvumbura iyindi. Gusa, ngo
usanga iyi miti ivura cancer y’amabya bayifata mu gihe kirekire, ntago
birakunda ko bakora imiti abantu barwaye iyi cancer banywa mu gihe
kigufi.
Iyo kwa muganga bamaze kuvura umuntu basanze yarafashwe na cancer
y’udusabo tw’intanga ku mugabo ntibicira aho. Ahubwo, baba bagomba
kumukurikirana kugirango barebe niba yarakize neza koko nta bindi
bibazo afite. Ngo rero, nyuma yo kukukuvura, hacaho amezi atatu,
hanyuma bakongera bakagukorera ibizamini ngo barebe ko cancer yashize
kandi banarebe niba nta bisigisigi igifite.
Iyo basanze ibyuma byerekana ko yakize, cyane cyane ko ngo ari nabyo
bikunda kubaho, ngo noneho bagukurikirana nyuma yaho mu gihe cy’imyaka
itanu. Naho iyo basanze hakirimo ibisigisigi bya twa duturugunyu, ngo
icyo gihe bongera kukubaga, hanyuma nyuma yaho bakazagukurikirana
hagati y’imyaka itanu n’icumi. Muri uko kugukurikirana, bagutegeka
kujya ujya kwa muganga buri mezi 6 mu myaka ibiri ya mbere, hanyuma
nyuma y’iyo myaka ibiri ukazajya noneho ujyayo buri mwaka, nibura
imyaka itanu.
Buri gihe rero uko ugiyeyo, hari ibizamini bongera bakagukorera ndetse
bakakunyuza no mu cyuma kugirango barebe niba nta kibazo kigenda
kivuka.