Ijambo ry'ubuzima

13 views
Skip to first unread message

Joe Njoni

unread,
Sep 4, 2015, 9:31:40 AM9/4/15
to wealthy-united-world-cooperative, jeune-pour-un-monde-uni, Aba GENs Garcons bo mu Rwanda, famille-nouvelle-du-rwanda, east-africa-rainbow, Ange Placide Ndwanyi Coeur Adorable, notre-communaute, coeuradorabledejesus

Ijambo ry’ubuzima rya Nzeri 2015
« Urajye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda» (Mk 12,31)  
Iryo ni rimwe mu magambo y’Ivanjili rigomba kugendendwa bidatinze. Rirasobanutse neza ariko rigasaba ubwitange, rikeneye ibindi bisobanuro. Uburemere bwaryo buragaragarira mu ngero zifatika.
Umwigishamategeko, ni ukuvuga umuhanga mu bya Bibiliya, arabaza Yezu ati : itegeko rikomeye kurusha ayandi ni irihe ? Iki kibazo kirafunguye mu bitabo bitagatifu birimo amahame 613 tugomba kugendera.
Mu myaka mike mbere y’aho, uwitwa Rabbi Shammaj, umwe mu barimu bakomeye, yari yaranze gutanga itegeko risumbye ayandi yose. Abandi nabo, nk’uko Yezu yabigenje, bashimangiye urukundo nk’ingingo y’ingenzi. Twafata urugero rwa Rabbi Hillel wagize ati : « Ntukagirire inabi umuvandimwe wawe ; kandi ibyo biri mu itegeko. Ibindi byose ni ibisobanuro ».
Yezu we aribanda ku nyigisho irebana n’urukundo, byose arabikubira mu itegeko rimwe, urukundo rw’Imana (Ivug 6, 4) hamwe n’urukundo rw’umuvandimwe ( Lev 19, 18).  Rero igisubizo aha umwigishamategeko ni : « Itegeko rya mbere, ni : Umva, Israheli ! Nyagasani Imana yacu niwe Nyagasani wenyine ; uzakunde Nyagasani Imana yawe n’umutima wawe wose, na roho yawe yose, n’ibitekerezo byawe byose hamwe n’imbaraga zawe zose. Dore itegeko rya kabiri : Uzakunde mugenzi wawe nk’uko wikunda. Nta rindi tegeko risumba ayo ».
« Urajye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda»
Igice cya kabiri cy’iryo tegeko rimwe rukumbi gisobanura icya mbere : urukundo rw’Imana. Imana ikunda buri kiremwa cyayo ku buryo kugira ngo tuyihe ibyishimo byacu cyangwa se ngo tuyigaragarize urukundo rwacu, rero uburyo bwiza twakoresha ni uko twagirira buri muntu urukundo. 
Nk’uko ababyeyi bashimishwa no kubona abana babo bumvikana, bafashanya, bunze ubumwe, Imana nayo nk’umupapa cyangwa se umumama ishimishwa no kubona dukunda mugenzi wacu nk’uko twikunda, bityo hakubakwa ubumwe mu muryango w’abantu. Guhera cyera na cyane, Abahanuzi basobanuriye umuryango w’Isiraheri y’uko Imana ishimishwa n’urukundo kuruta ibitambo ndetse n’ibitambo bitwikwa (Hoz 6,6). Yezu wenyine aributsa iyo nyigisho mu gihe yemezaga ati : « Nimugende rero, musiganuze icyo iri jambo rivuga ngo ‘Icyo nshaka ni impuhwe, si igitambo.’ » (Mt 9,13). None se ni gute wakunda Imana utabona, ntukunde umuvandimwe ubona ? (1 Yoh 4, 20). Turamukunda, tukamukorera, tukamwubaha, mu gihe tuzaba dukunze, tugakorera, tukubaha buri muntu, inshuti cyangwa umuntu tutazi, wo mu muryango wacu cyangwa se uw’ahandi cyane cyane abaciye bugufi hamwe n’abakene bakabije.   
Ubwo ni ubutumwa bwohererejwe abakristu b’ibihe byose, kugira ngo bahindure ubuzima, basohoke mu nsengero, aho baramya, bagakunda, bagasingiza Imana, bityo bakagenda basanga abandi ku buryo buzuza ibyo twize mu isengesho hamwe no mu busabane n’Imana.
« Urajye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda»     
Ni gute twagenderera iri tegeko rya Nyagasani ?
Mbere ya byose twibuke ko twabigereranya na cya gihangano kigizwe n’amashusho abiri yuzuzanya kandi arebana, akaba afitanye urukundo rw’Imana. Bifata umwanya kugira ngo umuntu yumve icyo aricyo urukundo ndetse n’uburyo umuntu agomba gukunda… birasaba umwanya w’isengesho, wo "kuramya", wo kuganira n’Imana : maze We Rukundo akatwigisha. Ntawiba mugenzi we umwanya mu gihe aba ari hamwe n’Imana, ahubwo umuntu yitegura gukunda mu buryo busumbijeho n’ukuntu undi abyakira. Mu gihe dusubiye ku Mana tumaze gukunda abandi, ubwo isengesho ryacu riba ari umwimerere, rifite ukuri, ryuzuyemo abantu bose twahuye tukaba tubamushyiriye. 
Kugira ngo dukunde mugenzi wacu nk’uko twikunda, tugomba kumumenya nk’uko natwe twiyizi. Tugomba gukunda undi nk’uko we abyifuza, atari uko twe tubishaka ! Mu bihe by’ubu, isi tubamo igengwa n’imigenzo n’imico myinshi kubera ko ituwe n’abantu bakomoka ahantu hatandukanye, iyo ikaba ari imbogamizi ikomeye. Umuntu ugiye kuba mu kindi gihugu agomba kumenya imico n’imigenzo yaho ; ubwo ni bwo buryo bwonyine bwo kugira ngo akunde abantu batuye aho. Nicyo kimwe n’abantu bakira abimukira, baba batazi iby’aho baba bageze, batazi ururimi ndetse n’ukuntu bshobora kubaho nk’abandi.   
Hari n’ubwo usanga abantu bafite umuco umwe, baba mu muryango umwe, bakora ahantu hamwe, ariko ugasanga batandukanye cyane ! Kenshi usanga dukeneye umuntu witeguye kudufasha, kutwumva, kudufasha kubona akazi, gutegura ikizamini, witeguye kudufasha kubona inzu tubamo… Undi nawe agashobora kuba ameze nkawe…Tugerageze gushishoza tubimenye, tugerageze kumva undi by’ukuri, twishyire mu mwanya we.
Uburyo buboneye bwo gukunda nabwo buba bukenewe. Mu ndirimbo ye ihebuje y’urukundo, Intumwa Pawulo aratwibutsa imyitwarire y’ingenzi itandukanye y’urukundo : «Urukundo rurihangana, urukundo rwitangira abandi, ntirugira ishyari, urukundo ntirwirarira, ntirwikuririza ; ntacyo rukora kidahwitse, ntirurondera akari akarwo, ntirurakara, ntirugira inzika, ntirwishimira akarengane, rubabarira byose, rwizera byose, rukihanganira byose.». (1 Kor 13,4,7).
Dore uburyo bwinshi kandi butandukanye bwo kubaho :
« Urajye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda»
Hariho kandi ihame ryo kubaho ritwibutsa rya "tegeko rya zahabu" dusanga mu madini yose ndetse no mu banyabwenge bazwi. Ku isoko y’imico yose cyangwa se mu byo buri muntu yifuza, turahansanga ubutumire bujya gusa buduhamagarira gukunda mugenzi wacu hamwe no gufashanya.  Ubwo rero twaba aba hindouistes, abasilamu, aba bouddhistes, ndetse n’abagendera ku idini gakondo, umukristu cyangwa se abagabo n’abagore barangwa n’ukuri.
Nidukorere hamwe twese, maze twubake imyitwarire mishya ishyira imbere imitekerereze mishya iha umuntu agaciro ikanamwubaha, twite kuri bato, twitondere abanyantege nke, ntitwite ku nyungu zacu gusa, cyane twite ku nyungu z’abandi.
Iyo tuza kuba twese dukanguriwe gukunda mugenzi wacu nk’uko twikunda, ku buryo tutamugirira icyo tutifuza ko batugirira, icyo gihe nta ntambara zakongera kubaho, ruswa yashira, ubuvandimwe ku isi bwaba impamo, maze sivilizatiyo y’urukundo ikaba ukuri ku isi.
                                                                                                                                      Fabio Ciardi

 Parole de Septembre 2015
 
Tu aimeras ton prochain comme toi-même» (Marc 12,31).           
C’est une de ces paroles de l’Évangile à vivre sans attendre. Très claire mais exigeante à la fois, elle requiert peu de commentaires. Pour saisir la force qu’elle contient, replaçons-la dans son contexte.
Un scribe, donc expert de la Bible, interroge Jésus :  Quel est le plus grand commandement ? Question restant ouverte depuis l’identification dans les Livres Saints de 613 préceptes à observer.
Quelques années auparavant, Rabbi Shammaj, un des grands maîtres, s'était refusé à indiquer le commandement suprême. D’autres, cependant, comme le fera Jésus, s’étaient orientés sur l’amour comme point central.  Rabbi Hillel, par exemple, affirmait : « Ne  fais pas à ton prochain tout ce qui est odieux pour toi ;  en cela réside toute la loi. Le reste n'est qu'explication ».[1]
Jésus, lui, reprend l’enseignement sur le caractère central de l’amour, mais il unit également en  un seul commandement, l’amour de Dieu (Dt 6, 4) et l’amour du prochain ( Lv 19, 18).  De fait, la réponse qu’il donne au scribe est : « Le premier (commandement), c’est : Écoute, Israël ! Le Seigneur notre Dieu est l’unique Seigneur ; tu aimeras le Seigneur ton Dieu de tout ton cœur, de toute ton âme, de toute ta pensée et de toute ta force. Voici le second : Tu aimeras ton  prochain comme toi-même. Il n’y a pas d’autre commandement plus grand que ceux-là ».
« Tu aimeras ton prochain comme toi-même »
Cette seconde partie de l’unique commandement est l’expression de la première : l’amour de Dieu. Dieu aime tellement chacune de ses créatures que, pour Lui donner de la joie, pour Lui manifester notre amour pour Lui, le meilleur moyen est d'être envers tous expression de Son amour.
De même que des parents se  réjouissent de constater l'entente, l'entraide, l'unité entre leurs enfants, ainsi Dieu, qui est envers nous comme un père et une mère,  est heureux de nous voir aimer le prochain comme nous-mêmes, contribuant ainsi à construire l’unité de la famille humaine.
Depuis des siècles, les Prophètes expliquaient au peuple d’Israël que Dieu veut l’amour et non les sacrifices et les holocaustes (Osée 6,6). Jésus lui-même rappelle leur enseignement lorsqu’il affirme : « Allez apprendre ce que veut dire : C’est la miséricorde que je veux et non le sacrifice » (Mt 9,13). En effet, comment peut-on aimer Dieu qu’on ne voit pas, si on n’aime pas le frère qu’on voit ? (1 Jn 4, 20). Nous  L’aimons, nous  Le servons, nous  L’honorons, dans la mesure où nous aimons, servons, honorons chaque personne, amie ou inconnue, de notre peuple ou d’un autre peuple, et surtout les plus « petits », les plus nécessiteux .
C’est l’invitation - adressée aux chrétiens de tous les temps - à transformer le culte en vie, à sortir des églises où l’on a adoré, aimé, loué Dieu, pour aller à la rencontre des autres, de façon à réaliser ce que nous avons appris dans la prière et dans la communion avec Dieu.
« Tu aimeras ton prochain comme toi-même »    
Alors, comment vivre ce commandement du Seigneur ?
Rappelons-nous avant tout qu’il fait partie d’un diptyque[2] qui comprend aussi l’amour de Dieu. Il faut du temps pour comprendre ce qu’est l’amour et comment aimer… il nous faut donc prendre des moments de prière, de "contemplation", de dialogue avec Dieu : et Lui, qui est Amour, nous l'apprend. On ne vole pas de temps au prochain quand on est avec Dieu, au contraire, on se prépare à aimer de façon toujours plus généreuse et comme l'autre le requiert. Et lorsque nous revenons vers Dieu après avoir aimé les autres, notre prière est plus authentique, plus vraie, peuplée de toutes les personnes rencontrées,  que nous Lui portons.
Pour aimer le prochain comme soi-même, il faut aussi le connaître comme on se connaît soi-même. Il nous faudrait aimer l’autre comme il le voudrait et non comme il nous plaît de le faire ! De nos jours, nos sociétés deviennent de plus en plus multiculturelles par la présence de personnes venant de mondes très divers, d'où un défi encore plus grand. Celui qui s'établit dans un nouveau pays doit appendre à en connaître les traditions et les valeurs ; c'est le seul moyen pour comprendre et aimer ses habitants. Il en est de même pour ceux qui accueillent les nouveaux immigrés, souvent dépaysés, ignorant la langue et  en difficultés d’insertion.
Et même entre personnes de même culture, à l’intérieur d’une famille, d'un milieu de travail ou de voisinage, que de diversités ! Nous souhaiterions parfois trouver une personne disponible, prête à nous écouter, à nous aider  à trouver un travail, à préparer un examen, à nous donner un coup de main pour la maison… L'autre a peut-être les mêmes exigences…Cherchons-nous à les deviner, en étant attentifs, dans une attitude d’écoute sincère, en essayant de nous mettre à sa place ?
La qualité de l’amour compte aussi. Dans son célèbre hymne à la charité, l’apôtre Paul en énumère plusieurs  caractéristiques importantes à rappeler : «l’amour prend patience, l‘amour  rend service, il ne jalouse pas, il ne plastronne pas, il ne s’enfle pas d’orgueil, il ne fait rien de laid, il ne cherche pas son intérêt, il ne s’irrite pas, il n'entretient pas de rancune, il excuse tout, il croit tout, il espère tout, il endure tout». (1 Co 13,4,7).
Que d’occasions  et que de nuances pour vivre :
« Tu aimeras ton prochain comme toi-même »
 Il existe aussi cette norme de l’existence à la base de la célèbre "règle d’or" présente dans toutes les religions et chez certains intellectuels reconnus, sans référence religieuse explicite. A l'origine de chaque tradition culturelle ou du credo de chacun, on pourrait trouver des invitations analogues à aimer le prochain et à nous aider à les vivre ensemble. Et cela, que nous soyons hindouistes, musulmans, bouddhistes, fidèles des religions traditionnelles, chrétiens ou tout simplement hommes et femmes de bonne volonté.
Travaillons ensemble en vue de créer une nouvelle mentalité qui valorise et respecte la personne, soucieuse des minorités, porte attention aux plus faibles, et nous décentre de nos propres intérêts, pour donner la priorité à ceux de l’autre.
Si nous étions tous vraiment conscients qu'il nous faut aimer le prochain comme nous-mêmes, au point de ne pas faire à l’autre ce que nous ne voudrions pas qu’on nous fasse, conscients de  devoir faire à l’autre ce que nous voudrions que l’autre fasse pour nous, alors les guerres cesseraient, la corruption disparaîtrait, la fraternité universelle ne serait plus une utopie et la civilisation de l’amour deviendrait bientôt une réalité.
                                                                                                                                      Fabio Ciardi
 


[1] TB, Shab.31a
[2] Un diptyque est une œuvre de peinture ou de sculpture composée de deux panneaux, fixes ou mobiles, se regardant et dont les sujets se regardent et se complètent l'un l'autre.(ndt)

PDV 15-09 F.doc
PDV 15-09 K.doc

claudetidine

unread,
Sep 5, 2015, 11:42:20 AM9/5/15
to famille-nouve...@googlegroups.com, wealthy-united-w...@googlegroups.com, jeune-pour-...@googlegroups.com, genr...@googlegroups.com, east-afri...@googlegroups.com, ang...@yahoo.fr, notre-co...@googlegroups.com, coeuradora...@yahoogroups.com



Sent from Samsung Mobile
Reply all
Reply to author
Forward
0 new messages