Ijambo ry'ubuzima

12 views
Skip to first unread message

Joe Njoni

unread,
Jun 7, 2017, 3:59:47 AM6/7/17
to famille-nouvelle-du-rwanda, wealthy-united-world-cooperative, jeune-pour-un-monde-uni, Flora MUTIMUKEYE, Aba GENs Garcons bo mu Rwanda, notre-communaute, old-hardware-class, Jean Pierre Desiré KOMEZIMANA, bahama uwimana, Pascaline Umumararungu, Nepo Padiri Nimwizere, rubayita jean robert, Jean Chrysostome RUBAGUMYA, kanamugire callixte



Ijambo ry’ubuzima rya Kamena 2017
 
« Nk’uko Data yantumye, nanjye ndabatumye » (Yh 20,21)
Nyuma y’uko Yezu abambwe ku musaraba, abigishwa bari baramukurikiye aho yamamazaga hose ko Imana ari Data ukunda buri muntu,  bakomeje kwifungirana, bafite ubwoba kandi bihebye.
Yezu yari yaroherejwe na Data guhamya ubwo butumwa bukomeye binyuze mu buzima bwe, bityo yugururira isi amarembo yo guhura na Data. 
Mu gihe yari mu butumwa, benshi babonye ubwiza bwe, ubwiza bw’ibikorwa hamwe n’amagambo bye byuje urugwiro, imbabazi, amizero kandi bakaba barabyiboneye.
Hanyuma, igihe cyarageze acirwa urubanza ndetse aranabambwa.
Nguko uko Ivanjili ya Yohani idutekerereza ukuntu Yezu wazutse ku munsi wa gatatu, yabonekeye abe maze akabahamaganira gukomeza ubutumwa bwe :
 
« Nk’uko Data yantumye, nanjye ndabatumye »
Ni nk’aho yakababwiye ati « Ese muribuka uburyo nasangiye ubuzima namwe ? Ukuntu nabamaze inyota y’ubutabera n’amahoro ? Ukuntu nahagaze ku cyubahiro cy’abakene, abapfakazi hamwe n’abanyamahanga ? Ngaho rero namwe nimukomeze : mwamamaze Ivanjili mwakiriye, mwamamaze ko Imana yifuza guhura na buri muntu kandi ko mwese muri abavandimwe. »
Nk’uko twaremwe mu ishusho y’Imana-Rukundo, buri muntu afite mu mutima we icyifuzo cyo guhura na Yo, abantu b’imico itandukanye, ndetse n’abantu bose bakaba bifuza kubaka imibanire myiza. Mbega akazi katoroshye! Karimo ukudasabana kandi kakarangwa n’inzitizi ! Icyo cyifuzo gihurirana n’imbaraga nke zacu, inzugi zacu ziba zikinze, ukutizera kwacu ndetse n'urwikekwe. 
Nyamara Yezu adufitiye icyizere cyinshi. Nyagasani arakomeza kutubwira ati :
 
« Nk’uko Data yantumye, nanjye ndabatumye »
Ni gute twashyira mu bikorwa ubu butumwa ? Twebwe ubwacu ntacyo twakishoboza. Ni yo mpamvu Yezu yaduhaye Roho Mutagatifu :
« Roho Mutagatifu, twahawe igihe cya batisimu ni Roho w’urukundo n’ubumwe. Ahuza abemera bose hamwe n’Uwazutse, icyo gihe umuntu aba arenze amoko yose, imico yose ndetse n’inzego z’ubuzima zose[…]. Ukwikubiraho kwacu kubaka imipaka maze ikigiza hirya abo tudasangiye imibereho […]. Ni twihatire kumva Roho Mutagatifu kugira ngo dukure muri ubwo busabane, maze turenge amacakubiri y’ubwoko bwose tuba twibitsemo. »
Hamwe na Roho Mutagatifu, uku kwezi nitugendere amagambo y’urukundo : kwakira neza, kumva, gusangira ububabare, gushyikirana, gutera abandi akanyabugabo, kwigira umwe, kwita ku bandi, kubabarira, gutanga agaciro. Ubwo rero tuzaba twemeye ubutumire bwa Yezu bwo gukomeza ubutumwa bwe.
Mu gihe bari mu mudugudu wacu wa Loppiano, aho abantu barenga 800 bihatira kugendera ku Ivanjili, itsinda ry’abihayimana bo mu idini ry’aba bouddhistes, bari batumiwe na  Chiara Lubich, mu gihe yari yagiye kubasura iwabo muri Aziya, bakozwe ku mutima cyane n’urukundo rwo mu Ivanjili, rwari rushya kuri bo.  Umwe muri bo yagize ati : « Nk'uko n’abandi bose babigenzaga, nanjye nasigaga inkweto zanjye imbere y’umuryango w'icyumba cyanjye igihe cyo kuryama ; kandi zabaga zanduye, ariko mu gitondo ngasanga zisukuye neza cyane. Ku myenda naho ni ko byagendaga ! Bamaze kubona ko imyenda yacu yari yoroheje mu gihe cy’ubukonje, bazamuraga ubushyuhe aho twabaga turi… Umunsi umwe narababajije nti…« Ni kubera iki mugenza kuriya ? » Baransubije bati « Ni uko tugukunda. » Iyo expérience yakinguye imiryango y’ikiganiro cyuzuye hagati y’aba bouddhistes hamwe n’abakristu. 
 
                                                                                                                         Itsinda ry’Ijambo ry’ubuzima
 
(Iri tsindary'Ijambo ry’ubuzima rigizwe n’abantu babiri bacengeye inyigisho za Bibiliya, abahagarariye Aziya, Afrika, Amerika y’Amajyepfo, urubyiruko ndetse n’abantu bagize itsinda ry’itumanaho mu ihuriro ry’amadini n'amatorero « œcuménisme »).



Parole de vie de juin 2017

« Comme le Père m’a envoyé, à mon tour je vous envoie » (Jean 20,21)

Après la crucifixion, les disciples, qui avaient suivi Jésus sur son chemin, alors qu’il annonçait à tous que Dieu est Père et aime tendrement chacun, sont restés enfermés, épouvantés et désorientés.
Jésus avait été envoyé par le Père pour témoigner par sa vie de cette grande nouvelle, et pour ouvrir à l’humanité le chemin pour rencontrer Dieu.
Au cours de sa mission, beaucoup ont vu sa bonté, les effets de ses gestes et de ses paroles d’accueil, de pardon, d’espérance, et en ont fait eux-mêmes l’expérience.
Puis sont arrivées la condamnation et la crucifixion.
C’est dans ce contexte que l’évangile de Jean nous raconte comment Jésus, ressuscité le troisième jour, apparaît aux siens et les invite à continuer sa mission :
« Comme le Père m’a envoyé, à mon tour je vous envoie »
C’est comme s’il leur disait : « Vous rappelez-vous la façon dont j’ai partagé ma vie avec vous ? Comment j’ai étanché votre soif de justice et de paix ? Comment j’ai défendu la dignité des pauvres, des veuves et des étrangers ? À vous de poursuivre maintenant : annoncez l’Évangile que vous avez reçu, annoncez que Dieu désire rencontrer chacun et que vous êtes tous frères et sœurs. »
Créé à l’image de Dieu Amour, chacun a déjà dans son cœur le désir de cette rencontre : toutes les cultures et toutes les sociétés tendent à construire des relations de convivialité. Mais quel travail, que de contradictions et difficultés pour y parvenir ! Cette aspiration se heurte à nos fragilités, nos portes fermées, notre méfiance, nos préjugés.
Pourtant, avec confiance, le Seigneur continue à nous dire :
« Comme le Père m’a envoyé, à mon tour je vous envoie »
Comment vivre cette mission ? Seuls, nous n’y arriverons jamais. C’est pourquoi Jésus nous a donné l’Esprit Saint :
« L’Esprit Saint, reçu au baptême, est un esprit d’amour et d’unité. Il unit au Ressuscité tous les croyants, surmontant ainsi les différences de races, de cultures et de classes sociales […]. C’est notre égoïsme qui élève des barrières qui nous isolent et excluent ceux qui sont différents de nous […]. Efforçons-nous donc d’écouter l’Esprit Saint pour grandir dans cette communion et surmonter les germes de division que nous portons en nous [1]. »
Avec l’Esprit Saint, vivons, ce mois-ci, les paroles de l’amour : accueillir, écouter, compatir, dialoguer, encourager, inclure, soigner, pardonner, valoriser. Ainsi nous vivrons l’invitation de Jésus à continuer sa mission.
Pendant leur séjour dans la cité-pilote internationale de Loppiano, dont les 800 habitants s’efforcent de vivre l’Évangile, un groupe de moines bouddhistes, invité par Chiara Lubich, qui était allée leur rendre visite en Asie, a été profondément touché par l’amour évangélique, nouveau pour eux. L’un d’eux raconte : « Comme tous les autres, je mettais mes chaussures devant la porte de ma chambre au moment d’aller dormir ; et, quand elles étaient sales, au matin, je les retrouvais toutes propres. Même chose pour les vêtements ! Se rendant compte que nos vêtements de moines étaient trop légers en hiver, ils augmentaient le chauffage… Un jour, je leur ai demandé : « Pourquoi agissez-vous ainsi ? » Ils m’ont répondu : « Parce que nous t’aimons” [2]. » Cette expérience a ouvert un chemin pour un vrai dialogue entre bouddhistes et chrétiens.
 
Commission Parole de vie
 
(La Commission Parole de vie est composée de deux biblistes, de représentants d’Asie, d’Afrique, d’Amérique Latine, des jeunes, du monde de la communication et de l’œcuménisme).
 


[1] D’après Chiara Lubich, Parole de vie de janvier 1994 – Un seul cœur et une seule âme, in Città Nuova, XXXVII, [1993/24], p. 34.
[2] Cf. Chiara Lubich, Mon expérience dans le domaine interreligieux, Aix-la-Chapelle, 13 novembre 1998, p. 3.

PDV 17-06 F.docx
PDV 17-06 K.docx
Reply all
Reply to author
Forward
0 new messages