Ijambo ry’ubuzima rya Gashyantare 2016
Uko umubyeyi ahumuriza umwana we, nanjye ni ko nzabahumuriza (Iz.
66,13)
Ninde
utarabona umwana arira maze akijugunya mu maboko ya nyina ? Uko byaba bimeze
kose, byaba ari ibintu biremereye cyangwa ibyorohe, umubyeyi amuhanagura
amarira, akamuhumuriza kugeza ubwo buhoro buhoro umwana yongera kugarura
inseko. Icyo aba akeneye cyane ni ukumuba hafi hamwe n’impuhwe za kibyeyi. Uko ni ko Imana itugenzereza, mbese
nk’umubyeyi.
Ayo niyo
magambo Imana ikoresha iganira n’umuryango wayo wari uvuye mu bunyago i
Babiloni. Ubwo bari bamaze kubona amazu yabo ndetse n’Ingoro y’Imana byabo
bisenyutse, maze bakajyanwa bunyago mu mahanga aho baboneye amakuba menshi, ubu
rero umuryango w’Imana usubiye mu gihugu cyawo aho ugomba gusana ibyangijwe
n’imidugararo.
Amakuba
yashyikiye Isiraheli ni yayandi tubona ashyikira abantu baba mu bihugu birimo
intambara, bagahura n’ibikorwa by’iterabwoba cyangwa se ubundi bagahura
n’imirimo y’uburetwa ndengakamere : amazu n’imihanda bigasenyuka, ibimenyetso
by’imigenzo gakondo bigahungabana, ibikorwa birebana n’umuco bigacika. Abantu
batwawe mbega nibangahe ! Ibihumbi by’abantu byarahunze, ibindi bihumbi
bihasiga ubuzima haba mu butayu cyangwa mu nyanja. Ibyo bisa n’ibihe
by’imperuka.
Ijambo
ry’ubuzima ry’uku kwezi ni ubutumire bwo kwemera ibikorwa by’urukundo rw’Imana,
n’ubwo bwose dushobora gukeka ko idahari. Ni itangazo ry’amizero. Imana yibera
ku ruhande rw’abatotezwa, bakavutswa ubutabera, bakanajyanwa bunyago. Iba iri hamwe natwe, hamwe n’umuryango wacu, ndetse na
rubanda. Izi imibabaro yacu by’umwihariko ikanamenya n’iy’umuryango wacu muri
rusange. Yigize umwe natwe kugeza ubwo yapfiriye ku musaraba. Ni yo mpavu
ishobora kutwumva hamwe no kuduhumuriza. Twabigereranya na wa mubyeyi ukikira
umwana we akamuhumuriza.
Tugomba rero gukanura amaso y’umubiri hamwe
nay’umutima kugira ngo « tumubone ». Mu gihe dushaka kugenzura aho
urukundo rw’Imana rugera nibwo tuzashobora kurugeza ku bantu bababaye hamwe
n’abari mu bigeragezo. Tuzahinduka rero ibikoresho by’amahoro hamwe no
guhumurizanya. Intumwa Pawulo irabigaragaza neza mu Banyakorenti : « Ni yo
iduhumuriza mu magorwa yacu yose ikaduha natwe guhumuriza abashavuye bose,
tubagezaho ihumure twiherewe n’Imana » (2 Kor 1,4).
Iyo ni nayo experience nyakuri ya Chiara
Lubich wagize ati : « Nyagasani mpa babandi bibana … Numvise mu mutima wanjye urukundo
rukugana kubera ko isi yose yatereranywe. Nkunda umuntu wese urwaye kandi
akibana. Ni nde ubahoza ? Ni nde se ubaririra mu rupfu rwabo ruza gahoro gahoro
? Ni nde se ukanda ku mutima wabo, umutima wihebye ? Mpa, Mana yanjye kuba muri
iyi si isakramento nyakuri ry’urukundo, ry’ukubaho kwawe kw’urukundo : mbe
amaboko yawe ahobera, maze ukwiguga kw’isi kose kugahinduka urukundo. »
Fabio
Ciardi
Parole de vie de Février 2016
Il en ira comme d’un homme que sa mère réconforte : c’est moi qui,
ainsi, vous réconforterai. (Esaïe. 66,13)
Qui n’a
jamais vu un enfant pleurer et se jeter dans les bras de sa maman ? Quoi qu’il
lui soit arrivé, que ce soit important ou sans conséquence, la maman essuie les
larmes, l’entoure de sa tendresse et, peu à peu, l’enfant retrouve le sourire.
Il lui suffit de ressentir la présence et l’affection maternelles. C’est ainsi
que Dieu agit avec nous, en se comparant à une mère.
Par ces
paroles Dieu s’adresse à son peuple, qui rentre de l’exil à Babylone. Après
avoir vu démolir ses maisons et le Temple, après avoir été déporté en terre
étrangère, où il a éprouvé déception et désespoir, le peuple rentre dans son
pays et doit reconstruire sur les ruines de la destruction qu’il a connue.
La
tragédie vécue par Israël est celle que vivent bien des populations en guerre,
victimes d’actes terroristes ou d’une exploitation inhumaine : maisons et rues
éventrées, lieux symboles de l’identité d’un peuple rasés, déprédations, lieux
de culte détruits. Combien de personnes enlevées ! Des millions de gens
contraints à fuir, des milliers qui trouvent la mort dans le désert ou sur les
mers. Cela ressemble à une apocalypse.
La Parole
de vie de ce mois est une invitation à croire à l’action aimante de Dieu, même
si nous avons l’impression qu’il est absent. Elle est annonce d’espérance. Dieu
est aux côtés de ceux qui subissent la persécution, l’injustice et l’exil. Il
est avec nous, avec notre famille, avec notre peuple. Il connaît notre
souffrance personnelle et celle de l’humanité entière. Il s’est fait l’un de
nous, jusqu’à mourir sur une croix. C’est pour cette raison qu’il sait nous
comprendre et nous consoler. Exactement comme une maman qui prend son enfant
sur ses genoux et le console.
Il nous
faut ouvrir les yeux et le cœur pour “le voir”. Dans la mesure où nous faisons
l’expérience de la tendresse de son amour, nous parviendrons à la transmettre à
ceux qui vivent dans les souffrances et les épreuves. Nous deviendrons ainsi
instruments de paix et de consolation. L’apôtre Paul le suggère d’ailleurs aux
Corinthiens : « Il nous console dans toutes nos détresses, pour nous rendre
capables de consoler tous ceux qui sont en détresse, par la consolation que
nous-mêmes recevons de Dieu » (2 Co 1,4).
C’est
aussi l’expérience concrète et intime de Chiara Lubich : « Seigneur, donne-moi
ceux qui sont seuls… J’ai éprouvé dans mon cœur la passion qui envahit le tien
pour l’abandon qui submerge le monde entier. J’aime chaque être malade et
solitaire. Qui console leur peine ? Qui pleure leur mort lente ? Et qui presse,
sur son propre cœur, le cœur désespéré ? Donne-moi, mon Dieu, d’être dans le
monde le sacrement tangible de ton amour, de ton être d’amour : être tes bras,
qui étreignent et consument en amour toute la solitude du monde (1). »
Texte
préparé sous la direction de Fabio Ciardi
(1)
Chiara Lubich, Méditations, Nouvelle Cité 2000, p. 21.